Acunga Abanyarwanda bamaze kuryama aba ahinduye ikipe. Kapiteni w’amavubi Djihadi yabonye ikipe nshya!!
Nyuma y'amasaha make cyane atandukanya n'ikipe yo muri Ukraine, Djihad Bizimana yamaze kubona ikipe nshya ikinamo mugenzi we bakinana mu mavubi!

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’, Bizimana Djihad yerekeje muri Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya avuye muri Kryvbas Kryvyi Rih yo mu Cyiciro cya Mbere muri Ukraine yari amazemo umwaka n’igice.
Iyi kipe ibicishije ku rukuta rwayo rwa instagram yashyizeho amafoto ya Djihad Bizimana ari gusinya amasezerano muri iyi kipe.
Ibi byabaye nyuma y’aho Bizimana yari amaze gushimira Kryvbas Kryvyi Rih.
Yagize ati “Nzakumbura buri umwe. Mwarakoze ku nshyigikira ndetse n’ibihe twagiranye. Ndifuriza ikipe gukomeza gutsinda.”
Uyu mukinnyi yagiriye ibihe byiza muri Ukraine kuko muri uyu mwaka bakinnye amajonjora ya UEFA Europa League. Icyo gihe, bari basoje ku mwanya wa gatatu muri shampiyona n’amanota 57.

Al Ahli Tripoli SC yerekejemo ni imwe mu makipe y’ubukombe muri Libya inagira abafana banshi cyane muri icyo gihugu.
Bizimana agiyeyo asanga mugenzi w’Umunyarwanda, myugariro Manzi Thierry ndetse n’umutoza Didier Gomes Da Rosa babanye muri Rayon Sports.
Bizimana Djihad w’imyaka 28 yazamukiye muri Etincelles FC yakinnyemo kugeza mu 2014 mbere yo kujya muri Rayon Sports yamazemo umwaka umwe, ahita ajya muri APR FC yakiniye imyaka itatu mbere yo kujya i Burayi.
I Burayi Bizimana yakiniye amakipe yo mu Bubiligi arimo Waasland-Beveren yamazemo imyaka itatu mbere yo kwerekeza muri KMSK Deinze yamazemo imyaka ibiri.
Iyi kipe niyo yavuyemo yerekeza muri Kryvbas Kryvyi Rih yo muri Ukraine yakiniraga kugeza ubu.



Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- SQUID GAME II: FILIME IKOMEJE GUTEZE IMPAGARA NO KUZURA AKABOZE MURI VIETNAM.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga