Atletico Madrid yasinye amezerano yo kwamamaza VISIT RWANDA
Nyuma y'amakipe nka Arsenal, PSG, Bayern Munichen sanzwe afitanye amasezerano na VISIT RWANDA, Atletico Madrid nayo yasinye amasezerano yo kwamamaza VISIT RWANDA

Ikipe ya Atletico Madrid ikina shampiyona y'icyikiro cya mbere muri Espagne yasinye amasezerano yo kwamamaza Visit Rwanda.
Aya masezerano u Rwanda rwagiranye n'iyi kipe azarangira tariki ya 30 z'ukwezi kwa 6 muri 2028. Muri aya masezerano harimo ko ikipe ya Atletico Madrid izambara Visit Rwanda ku myambaro yayo yo mu myitozo isanzwe ndetse n'iy'imyitozi ya mbere y'umukino. Ibi bizubahirizwa ku ikipe y'Abagabo mu mikino 5 ya shampiyona isigaye no mu gikombe cy'Isi cy'amakipe gitegerejwe mu mpeshyi.
Guhera mu mwaka utaha w'imikino n'ikipe y'Abagore ya Atletico Madrid izajya yambara Visit Rwanda ku myambaro yayo yo mu myitozo n'iyo yambara yishyushya mbere y'umukino ndetse noneho amakipe yombi azajya yambara Visit Rwanda mu mugongo ku myambaro yo mu mukino. Visit Rwanda kandi izajya igaragara muri Stade ya Atletico Madrid, Riyadh Air Metropolitano stadium.
Mu bindi kandi bikubiye muri aya masezerano harimo ko Visit Rwanda izajya igaragara no mu bindi bikorwa bya Atletico Madrid birimo n'ubukangurambaga ikora ndetse n'ikawa y'u Rwanda izajya igurishwa muri Stade yayo.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).Jean-Guy Afrika yavuze ko ubu bufatanye bwerekana intego z'u Rwanda zo guhinduka ahantu hari amahirwe ku Isi ndetse n'impano.
Yavuze ko indangagaciro za Atletico Madrid zigaragaza neza urugendo rw'u Rwanda ndetse ko bose hamwe bazafungura inzira nshya zo kuzamura ubukerarugendo, guteza imbere ishoramari no kuzamura abakiri bato. Atletico Madrid yiyongereye kuri Arsenal,FC Bayern Munich na Paris Saint-Germain nazo zamamaza Visit Rwanda.


Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Byinshi mwahishwe utamenye kumubano wa Miss Naomie, Umugabo we Michale Tesfay ndetse n'umubano wihariye na Kathia Kamali
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- ASAM.FX: Kuva ku myambaro yo muri laboratwari kugera ku mbonerahamwe y'ibiciro by'amafaranga: Umushoramari w'umwana uhatse icyizere cy'urubyiruko nyarwanda
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Pi Coin yazamutseho 70% nyuma yo kuvugururwa kwa Mainnet byazanye impinduka zikomeye!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga