Bombori Bombori Muri Murera, Umutoza mukuru Robertinho Yahagaritswe igitaraganya!
Nyuma y'umusaruro utari mwiza Rayon Sport imaze iminsi ifite, ubuyozi bwayo bwamaze guhagarika Umutoza mukuru wayo Robertinho ndetse n'umutoza w'abazamu Mazimpaka Andre.

Rayon Sports yatsinze imikino itatu gusa mu mikino 10 iheruka gukina muri Shampiyona, byatumye itakaza umwanya wa mbere nyuma y’Umunsi wa 23 ubwo yanganyaga na Marine FC ibitego 2-2 ku wa 5 Mata 2025.
Kunganya uyu mukino kwakurikiye gutsindwa na Mukura Victory Sport, byatumye ubuyobozi bwa Rayon Sports bufata icyemezo cyo guhagarika Robertinho na Mazimpaka André, bombi bashinjwa uruhare runini mu gusubira inyuma ku iyi kipe yambara ubururu n’umweru.
Amakuru avuga ko gukomeza kugirira icyizere umunyezamu Khadime Ndiaye kandi akora amakosa bihoraho, biri mu byatumye Mazimpaka yiyongera kuri Robertinho mu gihe abakinnyi bavuga ko batagikora imyitozo ihagije ndetse imisimburize ye ikaba irimo ikibazo.
Rayon Sports yahagaritse abatoza bombi mu gihe ifite umukino ubanza wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro izakirwamo na Mukura Victory Sport ku wa Kabiri, tariki ya 15 Mata 2025, Saa Kumi n’Imwe z’umugoroba kuri Stade Huye.
Rwaka Claude wagizwe Umutoza Wungirije, avuye mu Ikipe y’Abagore yatozaga, guhera ku mukino wa Marine FC, "ni we uzatoza imikino isigaye mu gihe ubuyobozi bugishaka igisubizo."
Ku wa Gatandatu ni bwo Rayon Sports yasubukuye imyitozo, yakozwe n’Abanyarwanda gusa, nyuma y’iminsi abakinnyi barivumbuye kubera kudahembwa aho baheruka umushahara wa Gashyantare bahawe mbere y’umukino wa Marine FC.
Nyuma y’imikino 23 imaze gukinwa muri Shampiyona, Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 47, irushwa inota rimwe na APR FC ya mbere.


Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Byinshi mwahishwe utamenye kumubano wa Miss Naomie, Umugabo we Michale Tesfay ndetse n'umubano wihariye na Kathia Kamali
- ASAM.FX: Kuva ku myambaro yo muri laboratwari kugera ku mbonerahamwe y'ibiciro by'amafaranga: Umushoramari w'umwana uhatse icyizere cy'urubyiruko nyarwanda
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Pi Coin yazamutseho 70% nyuma yo kuvugururwa kwa Mainnet byazanye impinduka zikomeye!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga