Bwa Mbere Mu Mateka Umunyarwanda Azagaragara Mu Batora Papa !
Antoine Cardinal Kambanda ari mu bazitabira amatora ya Papa mushya uzasimbura Papa Francis witabye Imana ku wa 21 Mata 2025, ku myaka 88 y’amavuko nyuma y’igihe yari amaze arwaye indwara z’ubuhumekero.

Papa Francis yari amaze imyaka 12 ayobora Kiliziya Gatolika ku Isi kuko yatorewe uyu mwanya mu 2013.
Ni ubwa mbere mu mateka Umunyarwanda azagaragara mu batora Papa ndetse nawe afite amahirwe yo kuba mu batorwa.
Ku wa 28 Ugushyingo 2020 nibwo Papa Francis yagize Antoine Kambanda, Cardinal. Yahise aba Cardinal wa mbere ubayeho mu Rwanda.
Nyuma y’urupfu rwa Papa Francis, hazabaho inama y’abepiskopi batoranyijwe kugira ngo hatorwe Papa mushya.
Iyi nama bivugwa ko izaba hagati ya 6 na 11 Gicurasi 2025, ikazabera muri Chapelle Sixtine i Roma, nk’uko amategeko ya kiliziya abiteganya.
Mu ba Cardinal barenga 120 bemerewe gutora, harimo na Cardinal Antoine Kambanda.
By’umwihariko Cardinal Antoine Kambanda azatora Papa mushya kuko aba-Cardinal babyemerewe ari abari munsi y’imyaka 80 mu gihe afite imyaka 67 y’amavuko.
Nubwo bidakunze kubaho kenshi, nta tegeko ribuza Cardinal uwo ari we wese gutorerwa kuba Papa, bivuze ko Antoine Cardinal Kambanda yujuje ibisabwa kugira ngo abe nawe yatorerwa kuba Papa.
Uwatowe iyo amaze kwemera ko yiteguye inshingano zo kuba Papa, ahatwikirwa impapuro z’itora bakora ku buryo bongeramo ibintu bituma hazamuka umwotsi w’umweru. Umu-Cardinal uyoboye abandi asohoka hanze agatangaza ati "habemus papam" bivuze ngo "Dufite Papa".
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Byinshi mwahishwe utamenye kumubano wa Miss Naomie, Umugabo we Michale Tesfay ndetse n'umubano wihariye na Kathia Kamali
- ASAM.FX: Kuva ku myambaro yo muri laboratwari kugera ku mbonerahamwe y'ibiciro by'amafaranga: Umushoramari w'umwana uhatse icyizere cy'urubyiruko nyarwanda
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Pi Coin yazamutseho 70% nyuma yo kuvugururwa kwa Mainnet byazanye impinduka zikomeye!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga