Denzel Washington yikomye abategura ibihembo bya ‘Oscars’
Denzel Washington wamamaye muri sinema, yagaragaje ko atatangajwe no kuba uyu mwaka atari mu bahataniye igihembo na kimwe muri Oscars biturutse kuri “Gladiator II”; kuko n’ubundi amaze igihe kinini akora cyane ariko akirengagizwa i Hollywood.

Uyu mugabo w’imyaka 70 [umaze imyaka 50 mu ruganda rwa sinema], yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na The New York Times ubwo yabazwaga uko yakiriye kuba atarashyizwe mu cyiciro na kimwe muri Oscars uyu mwaka.
Mu gusubiza kwe ati “Nari nicaye hariya ndi guseka mu gitondo batangarijeho abahatanye muri Oscars.”
Yakomeje avuga ko icyo gihe atabyitayeho kuko yari ari mu kazi ndetse ari gukora ku yindi mishinga irimo uwa “Othello”.
Yakomeje avuga ko yishimye kuko yamaze kwiyakira nyuma y’igihe kinini amaze mu ruganda rwa sinema adahabwa agaciro akwiriye, n’ubwo agaragaza ko atakwigira igitangaza kurusha abandi.
Ati “Nishimiye ababashije guhatana muri ibi bihembo, kandi nishimira ibyo nkora. Maze igihe kinini muri uru ruganda. Sinshaka kuvuga ko mfite ibindi bikomeye byo gukora, ariko ku myaka mfite, ibintu birahinduka. Ubwenge butangirana no gusobanukirwa. Ngenda ndushaho kuba umunyabwenge, ngerageza kuvuga gake no kwiga byinshi, kandi ibyo biranshimisha.”
Denzel Washington muri “Gladiator II” ntabwo yigeze ahirwa no guhatana muri ‘Oscars’ itegurwa na Recording Academy ariko yahatanye mu bindi bihembo birimo ‘Golden Globes’ na ‘Critics Choice Awards’ hose mu cyiciro cya “Best Supporting Actor”. Gusa ho nta na hamwe yigeze ahabwa igihembo.
Muri ‘Oscars’ ho “Gladiator II” ihatanye mu cyiciro kimwe rukumbi cya ‘Best Costume Design’.
Washington amaze gutwara ibihembo bibiri bya Oscars. Icya mbere ni icyo yatsindiye cya ‘Best Supporting Actor’ mu 1988 ku bw’uruhare rwe muri filime “Glory” ndetse n’icya “Best Actor” yatwaye mu 2002 kubera filime “Training Day”.
Amaze guhatana mu cyiciro cya “Best Actor” inshuro esheshatu nta gihembo abona. Yahatanyemo abikesheje filime zirimo Malcolm X, The Hurricane, Flight, Fences, The Tragedy of Macbeth na Roman J. Israel, Esq. Yanahatanye mu cyiciro cya “Best Supporting Actor” kubera Cry Freedom hamwe no muri “Best Picture” ku bwa Fences.
Ibi bihembo bizayoborwa na Conan O’Brien, biteganyijwe ko bizatangwa ku 2 Werurwe 2025.
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Byinshi mwahishwe utamenye kumubano wa Miss Naomie, Umugabo we Michale Tesfay ndetse n'umubano wihariye na Kathia Kamali
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- ASAM.FX: Kuva ku myambaro yo muri laboratwari kugera ku mbonerahamwe y'ibiciro by'amafaranga: Umushoramari w'umwana uhatse icyizere cy'urubyiruko nyarwanda
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Pi Coin yazamutseho 70% nyuma yo kuvugururwa kwa Mainnet byazanye impinduka zikomeye!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga