DJ Ira wemerewe ubwenegihugu bw'u Rwanda ni muntu ki?
Ibyishimo ni byose ku Murundikazi Iradukunda Grace Divine wamamaye nka DJ Ira mu kazi ko kuvanga umuziki, nyuma y'uko Perezida Paul Kagame amwemereye ubwenegihugu bw'u Rwanda kuri uyu wa 16 Werurwe 2025, agahita asaba ababishinzwe kubikurikirana vuba uwo mukobwa akabuhabwa.

Ni nyuma y'uko uyu mukobwa wari mu bihumbi by'Abaturarwanda bari bari muri BK Arena bagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame muri gahunda yo kwegera abaturage, ubwo yahabwaga ijambo yashimiye Perezida Paul Kagame watumye abana b'abanyamahanga bahabwa amahirwe angana n'ay'Abanyarwanda, bikaba uko ku mwana w'umukobwa n'uw'umuhungu.
DJ Ira yavuze ko yagiriye amahirwe menshi mu Rwanda, ndetse akaba yifuza ubwenegihugu akitwa Umunyarwandakazi. Uyu mukobwa w'imyaka 27 amaze igihe ari umwe mu bakunzwe mu rwego rw’imyidagaduro mu Rwanda, dore ko yacuranze mu birori n'ibitaramo bitandukanye bikomeye birimo ibya Miss Rwanda 2017 na 2022, Trace Awards & Festival 2023, na Basketball Africa League (BAL).
Yanacuranze mu mikino yo Gushaka Itike y'Igikombe cy'Isi cya FIBA 2023. DJ Ira yavukiye i Gitega mu Burundi ku wa 7 Nzeri 1997. Mu mwaka wa 2015, yaje mu Rwanda gusura mubyara we DJ Bisoso, wari usanzwe akora umwuga wo kuvanga imiziki mu Rwanda.
Nyuma yo kubona uko DJ Bisoso yinjiza amafaranga menshi mu ijoro rimwe, byamuhaye igitekerezo cyo kuba na we yavanga umuziki kinyamwuga. DJ Bisoso ni we wamwigishije kuvanga umuziki, atangira kujya acuranga mu birori bitandukanye ndetse atangira kubona amafaranga ku buryo anohererezaho abo mu muryango we i Burundi.
Mu mwaka wakurikiyeho wa 2016, DJ Ira yatangiye kumenyekana cyane, maze ashyirwa mu ba DJ bacuranze mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star. Imyaka yakurikiyeho na yo yaje kumuhira avanga imiziki mu birori bikomeye birimo n'ibyo kwamamaza Umukuru w'Igihugu mu bihe by'amatora.
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Byinshi mwahishwe utamenye kumubano wa Miss Naomie, Umugabo we Michale Tesfay ndetse n'umubano wihariye na Kathia Kamali
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- ASAM.FX: Kuva ku myambaro yo muri laboratwari kugera ku mbonerahamwe y'ibiciro by'amafaranga: Umushoramari w'umwana uhatse icyizere cy'urubyiruko nyarwanda
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Pi Coin yazamutseho 70% nyuma yo kuvugururwa kwa Mainnet byazanye impinduka zikomeye!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga