I Rusizi: Havumbuwe ibisasu byihishe mumirima y'abaturage!
Ibyo bisasu byagaragaraga ko bimaze igihe kinini mu butaka, Polisi y’u Rwanda ikaba isaba abaturage kujya bigengesera igihe cyose babonye igisasu cyangwa icyuma badasobanukiwe, bakanirinda kugikoraho ahubwo bakabimenyesha inzego z’umutekano.

Uwo ugore witwa Manizabayo Vestine yagitahuye ubwo yahingaga mu murima uri mu Mudugudu wa Tawuni, Akagari ka Nganzo, Umurenge wa Kivumu, Akarere ka Rutsiro.
Uwo mubyeyi avuga ko yagitaburuye ubwo yakubitaga isuka akabona gerenade irazamutse ariko ngo bikaba byagaragaraga ko imaze igihe kinini mu butaka.
Akigitaburura, uwo mubyeyi yahise abomenyesha inzego z’ibanze n’iz’imutekano ziraza zirakihakura.
Umwe mu baturiye uwo murima wahuruye ubwo cyabonekaga, yagize ati: “Twabonye ari igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade gishaje, ahamagara inzego z’umutekano ,ziraza zikumira abantu kucyegera zinabasobanurira ububi bwacyo zirakijyana abaturage bataha.”
Yakomeje avuga ko inzego z’umutekano zabasobanuriye ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma icyo gisasu bagisanga mu murima, harimo kuba muri iki gihe cy’imvura gishobora gutakara kikamanurwa n’isuri.
Aho ni ho inzego z’umutekano zihera zisaba abaturage kugira amakenga, igihe baboneye ibyuma batazi bakirinda kubikinisha.
Undi muturage wari aho iyo gerenade yatahuwe, yavuze ko mbere yo kuyitegura habanje gushyirwa ikimenyetso babona kubaganiriza bababwira kujya bahinga bashishoza.
Ati: “Byadusigiye isomo ryo kujya duhinga dushishoza, icyo tubonye dushidikanyaho ntitujye kukigaragura ngo turareba icyo ari cyo ahubwo tugatanga amakuru inzego z’umutekano zikaza zikareba, zasanga atari igikoresho cyahungabanya umutekano umuntu agakomeza imirimo ye.”
Ku rundi ruhande, umusore w’imyaka 18 watemaga igiti mu murima w’umuturage utuye mu mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Shagasha, Umurenge wa Gihundwe, mu Karere ka Rusizi yabonye gerenade y’igiti izwi nka “Stick Hand Grenade”.
Na we akiyibona yahise atanga amakuru, abashinzwe umutekano baraza batwara icyo gisasu, nk’uko umwe mu baturage yabibwiye Imvaho Nshya.
Yagize ati: “Akikibona yatanze amakuru mu nzego zishinzwe umutekano ziraza zirakijyana, dusabwa kujya dutanga amakuru aho tubibonye hose tutabikinishije.”
Bibaye hatarashira icyumweru, nanone ubwo umuturage yari arimo ahinga mu Mudugudu wa Giseke, Akagari ka Muhororo, Umurenge wa Kirimbi, Akarere ka Nyamasheke, watahuye umukebe (magazine) w’amasasu n’andi masasu 22 yari ukwayo.
Ibyo bisasu byose bigaragara ko bimaze imyaka myinshi mu butaka bishaje, bikaba bikekwa ko byahasizwe n’Interahamww ndetse n’Ingabo za Leta zatsinzwe (Ex-FAR) ubwo zahungiraga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu myaka 30 ishize.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Uburengerazuba SP Karekezi Twizere Bonaventure, yemeje aya makuru avuga ko iyo igisasu nk’icyo kibonetse, cyaba gishya cyangwa gishaje, umuturage aba atemerewe kugikoraho.
Ati: “Ayo makuru ni yo, ibyo bisasu byombi byaturikijwe n’izego zibishinzwe nyuma y’uko zibimenyeshejwe. Bituritswa mu rwego rwo kugira ngo bitaba byateza ibibazo abaturage. Umuturage ukibonye asabwa guhita abimenyesha inzego zibishinzwe atagicokoje.”
Yongeye kwihannangiriza cyane cyane abana batoragura ibyuma bishaje bajya kubigurisha kwitonda cyane, bakirinda gupfa gutoragura ibyuma byose batazi.


Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- SQUID GAME II: FILIME IKOMEJE GUTEZE IMPAGARA NO KUZURA AKABOZE MURI VIETNAM.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
Ibitekerezo (2)
rv0ykz
rq34g2
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga