Karabaye!! CR7 ajombye igikwasi Lionel Messi!
Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yakoze mu bwonko Messi n'abakunzi be ndetse avuga ko shampiyona Messi akinamo iciriritse!

Umunya-Portugal Cristiano Ronaldo yanenze bikomeye abagereranya Shampiyona yo muri Arabie Saoudite ndetse n’iyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahamya ko abakora ibyo ari abatazi ibyo bakora.
Ibi ni bimwe mu byo uyu rutahizamu wa Al-Nassr yagarutseho mu kiganiro kirambuye yagiranye n’umunyamakuru Amigos de Edu, bavuga ku hahise h’uyu mukinnyi bamwe bafata nk’uwa mbere ku Isi.
Ronaldo yumvikanye avuga ko Shampiyona ya Arabie Saoudite ikomeye ndetse inaruta iyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ati “Abantu bavuga badashyizemo ubwenge kandi bibaho, iyo abantu batazi ibyo bavuga akenshi baravuga cyane. Hari abavuga Shampiyona ya Arabie Saoudite nk’aho irutwa n’iyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abavuga ibyo ntabwo baba bazi ibyo bakora. Ndabareka kuko abakina hano ni bo babizi.”
Muri iki kiganiro kandi Ronaldo yasabwe kugaragaza uko abona Real Madrid yahozemo.
Yavuze ko ari ikipe ikomeye ariko ikwiriye guhindura uburyo ikinishamo rutahizamu wayo Kylian Mbappé.
Yagize ati “Real Madrid ni ahantu nakunze cyane kandi ndacyahafite ku mutima. Nahagiriye byiza byinshi mpasiga n’amateka. Gusa ntabwo bari kubyaza umusaruro rutahizamu Kylian Mbappé, ntabwo azi gukina nka rutahizamu nimero icyenda.”
“Wenda njye byarashobokaga ko rimwe na rimwe nabikina, ariko Kylian Mbappé ntabwo abizi na gato. Iyo mba nkihari nari kuzabimwigisha ariko ntibyakunze. Simbivugira ko ari inshuti yanjye cyangwa umwana wakuze amfata nk’icyitegererezo cye, ahubwo nkurikirana imikino kenshi mbona hari ibikwiriye gukorwa.”
Cristiano Ronaldo uzuzuza imyaka 40, tariki 5 Gashyantare, yageze kuri byinshi mu mupira w’amaguru, aho yatwaye Ballon d’Or inshuro eshanu, aba Umukinnyi mwiza wa FIFA ku Isi inshuro eshanu, ndetse aba n’Umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mwaka i Burayi inshuro enye n’ibindi byinshi.



Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
- Nyuma y'ISHANGA DJ Brianne aritsa imitima nyuma yo kujyanwa gupimwa ko nawe yaba akoresha ibiyobyabwenge!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga