Kwimurwa kwa Derby ihuza APR FC na Rayon Sport byateje Impagarara! Bamwe bariteguye abandi baravuga bahuye n’uruva gusenya!
Nyuma y'impinduka zakozwe n'urwego rutegura Shampiyona y'u Rwanda(Rwanda Premier League), Impaka ni zose mu bakunzi b'umupira w'amaguru bibaza impamvu Derby yari kuzakinwa mu kwezi kwa gatanu yimuriwe mu ntangiriro z'ukwa Gatatu igitaraganya.

Shampiyona y’u Rwanda igeze ku Munsi wa 19, ugomba gukinwa guhera tariki 28 Gashyantare, hakinwa umukino uzahuza Vision FC na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium. Kuri uwo munsi kandi, Gasogi United FC izakira Rayon Sports kuri Kigali Pelé Stadium.
Ku Cyumweru, tariki 2 Werurwe, hazakurikiraho uzahuza Police FC na APR FC.
Umukino uba utegerejwe na benshi muri Shampiyona y’u Rwanda, uhuza APR FC na Rayon Sports, wari kuzaba tariki 10 Gicurasi, ariko wigijwe imbere ushyirwa tariki 9 Werurwe 2025.
Ni umukino wari kuzaba ari uw’Umunsi wa 27 wa Shampiyona ariko kubera impinduka ukazakinwa ku Munsi wa 20, habura iminsi 10 kugira ngo imikino irangire.
Aya makipe y’amakeba azongera guhurira muri Stade Amahoro, aho aheruka gukinira ariko akagabana inota rimwe nyuma yo kunganya 0-0.
Aya makipe yombi kugeza ubu niyo ayoboye urutonde rwa Shampiyona, aho Gikundiro iri ku mwanya wa mbere n’amanota 41, igakurikirwa n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ifite 37.

Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- SQUID GAME II: FILIME IKOMEJE GUTEZE IMPAGARA NO KUZURA AKABOZE MURI VIETNAM.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga