Laura Woods: Trent Alexander-Arnold ashobora kwerekeza muri Real Madrid... iyi niyo mpamvu Liverpool ishobora kumutakaza

Ikipe ya Real Madrid imaze igihe ishaka myugariro w'iburyo, Alexander-Arnold, ntabwo ari ibanga, kandi iyi kipe ikinira Bernabeu izwiho ko umuntu ishaka gusinyisha bigorana kuyihakanira kubera ibigwi byayo.

Image description
Trent Alexander-Arnold akomeje kuvugwaho kujya muri Real Madrid

Los Blancos biteguye gutanga miliyoni 20 z'amapawundi kugira ngo batsindire umwe mubakinnyi b'ingenzi ba Liverpool muri uku kwezi.

Kandi ko hatitawe ku itariki, niba Alexander-Arnold yemeye kwerekeza i Madrid, azishyurwa miliyoni 100 z'amapawundi ndetse no kuzamurwa mu mushahara we no guhabwa amafaranga menshi y'agahimbazamusyi.

 

umunyamamakuru wa TNT Laura Woods

 

Ariko, umunyamakuru wa televiziyo Woods atekereza ko gutakaza uyu mukinnyi bitagahangayikishije abakunzi ba Liverpool, kuko hari undi mukinnyi uherutse kuva mu ikipe yabo y'abato akaba yiteguye kumusimbura.

 

Conor Bradley ushobora gusimbura Trent igihe yaba yerekeje muri Real Madrid

 

Umunyamakuru wa TNT yagize ati “Ntekereza ko Trent Alexander-Arnold ashobora kwerekeza muri Real Madrid kandi sinamurenganya. Ni muto, afite ubuhanga bwinshi kandi isi yose iri mu biganza bye.” 

Woods arakomeze agira ati “biragoye ko umukinnyi ahakanira Real madrid igihe iri kumushaka.”

 

Liverpool ishobora gutakaza uyu mukinnyi nyuma y'uko Conor Bradley agaragaye, gusa si amahitamo yayo kuba yamutakaza.

 

Wood akomeza agira ati “Ntabwo niyumvisha ukuntu iyi kipe yemeye ko abakinnyi bayo batatu b'inkingi za mwamba barinda bagera ku mpera z'amasezerano yabo ntakirakorwa ngo bongererwe andi.”

 

imibare ya Bradley mu mukino wahuje Liverpool na Real Madrid muri UCL

Uyu mugabo ukomoka muri Ireland y'amajyaruguru w'imyaka 21, yatanze umupira wavuyemo igitego cya mbere cya Alexis Mac Allister mu mukino wa Champions League batsinzemo Real Madrid 2-0 mbere y'uko ahagarikwa n'imvune yo mu nkokora.

 

Kandi Woods avuga ko kuba Bradley ashobora gusimbura Alexander-Arnold, bizatuma Liverpool ikorana umwete kugira ngo ivugurure amasezerano n'abandi bakinnyi babiri b'ibanze bazaba zasoza amasezerano yabo mu mpeshyi. 

 

Mo Salah na Virgil van Dijk nabo amasezerano yabo azarangira muri iyi mpeshyi

Yagize ati:"Ntekereza ko Mohamed Salah na Virgil van Dijk ari bo bakinnyi b'ibanze mu ikipe. Ni iby'ingenzi cyane kuri Liverpool kuko nibo mutima w'iyi kipe, kandi gutakaza umwe muri bo byahungabanya iyi kipe kurusha gutakaza Trent." 

 

Arne Slot abona Bradley nk'umukinnyi mwiza w'ahazaza muri Liverpool

 

 

by Ishimwe Gad 22 view

Ibitekerezo (0)

TANGA IGITEKEREZO

Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga