Murera y'abagore yahoreye basaza babo itwara Igikombe cy'intwari
Rayon Sports y’Abagore yegukanye Igikombe cy’Intwari mu bagore itsinze Indahangarwa WFC penaliti 5-3 nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu minota 120.

Uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, tariki ya 1 Gashyantare, umunsi n’ubundi Igihugu cyizihiza intwari zacyo.
Uyu mukino warimo agapingane gakomeye kuko Indahangarwa WFC yaherukaga gutsinda Rayon Sports mu mukino waherukaga guhuza impande zombi muri Shampiyona.
Gikundiro yatangiye umukino neza ndetse ku munota wa munani, yashoboraga gufungura amazamu ku buryo bukomeye bwabonywe na Ukwinkunda Jeannette uzwi nka Jiji ariko umupira akawutera hanze, mu gihe yari yasigaranye n’umunyezamu Muhimpundu Diane bonyine.
Umukino wakomeje gushyuha, ku munota wa 25, Dukuzumuremyi Marie Claire yateye ‘coup franc’ nziza, Niyigena Yvette atsinda igitego ariko umusifuzi aracyanga avuga ko yatsindishije ukuboko.
Mu minota 35, umukino watuje ukunirwa cyane mu kibuga hagati ari nako yakomeje guhushanya uburyo bwinshi bw’ibitego.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Indahangarwa WFC yasubiranye imbaraga mu gice cya kabiri, itangira gusatira bikomeye ariko umunyezamu, Ndakimana Angeline akayibera ibamba.
Mu minota 70, Indahangarwa WFC yakomeje kwiharira umupira no gusatira bikomeye. Ku munota wa 78, iyi kipe yazamutse neza ariko Muhoza Belyse wari usigaranye n’umunyezamu bonyine umupira awutera hejuru y’izamu.
Umukino warangiye amakipe yombi akomeje kunganya ubusa ku busa, hashyirwaho iminota 30 y’inyongera.
Iyi minota nayo yakomeje kugorana amakipe yombi anganya ubusa ku busa, hitabazwa penaliti.
Rayon Sports WFC yazitwayemo neza itsinda penaliti eshanu kuri eshatu yisubiza Igikombe cy’Intwari yari yatwaye umwaka ushize ubwo yatsindaga AS Kigali WFC.



Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
- Nyuma y'ISHANGA DJ Brianne aritsa imitima nyuma yo kujyanwa gupimwa ko nawe yaba akoresha ibiyobyabwenge!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga