SHADDY BOO yongeye kwibasira abataramira kubwambure bw'abandi kuri Twitter!
Ni mugihe MBABAZI Shadia umunyamiderikazi w'umunyarwanda uzi kumazina ya Shaddy Boo yari agarutse kurukuta rwe rwa twitter yibasira cyane abajya bataramira kubwambure bw'ababa biyandaritse yongeye kugaruka agira ati:

"Imbaraga mushyira mu busambanyi n’ubujajwa iyaba mwarazishyize mu ikoranabuhanga ubu tuba duhanganye n'u Bushinwa ku isoko mpuzamahanga . Ubumenyi bwanyu bwagarukiye mu gukora Groupe WhatsApp gusa."
Ubutumwa bwa Shaddyboo nyuma y'uko Kwizera Emelyne n’itsinda ry’abantu umunani riri muri WhatsApp Group yitwa ‘Rich Gang’, bakurikiranyweho uruhare mu gufata no kusakaza amashusho abagaragaza bakora imibonano mpuzabitsina.
Urwego rw'Igihugu rw'Ubuhenzacyaha (RIB) ruherutse gutangaza ko iperereza ryagaragaje ko hari amatsinda yandi nk'ayo akorerwamo ibyaha nk’ibi harimo nk’iryitwa Kigali VP HOOKS-UPS, VIP Online Sex, House Party Show, Aho bibera 24 hours, Group Sugar Mamy z’Abakire, VIP Online Chart Rwanda, Black Market Group, Honestly VIP Online Sex Chart n’andi.
Uru rutonde rw'amatsinda ashyirwamo amashusho y'urukozasoni akanacuruzwa, nirwo twatumye Shaddyboo agaruka ku kuba hari abahugiye muri ibi bakirengagiza gukoresha ubumenyi bafite, bwanabyarira u Rwanda inyungu rugakomeza gutera imbere ku buryo rwanahatana ku isoko ry'umurimo n'ibihugu bikize birimo u Bushinwa.
Ibyo kandi bamwe mubagiye bamusubiza bakaba bamukwenaga cyane babihereye ko ngo nawe icyitwa indangagaciro z'umuco nyarwanda ndetse n'uwa kibyeyi ntabyo akigira ko nawe ubwambure bwe babuzi, ko ababyarakajwe nuko baba batamutsa impanuro zikakaye knd ibyo nawe bikaba bimugonga.
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Byinshi mwahishwe utamenye kumubano wa Miss Naomie, Umugabo we Michale Tesfay ndetse n'umubano wihariye na Kathia Kamali
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- ASAM.FX: Kuva ku myambaro yo muri laboratwari kugera ku mbonerahamwe y'ibiciro by'amafaranga: Umushoramari w'umwana uhatse icyizere cy'urubyiruko nyarwanda
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Pi Coin yazamutseho 70% nyuma yo kuvugururwa kwa Mainnet byazanye impinduka zikomeye!
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga