U Burundi se ko butangiye gufatirwa ingamba aho ababwo bazivuza bate?
Ubuyobozi bw’Ikigo Nyarwanda gikora Porogaramu za Mudasobwa, Cyberstream, bwatangaje ko gahunda yari ihari yo kugeza porogaramu ya ‘Icare’ mu Burundi yahagaritswe.

Iyi porogaramu yari yitezweho kuzatanga umusanzu mu iterambere ry’urwego rw’ubuvuzi muri iki gihugu.
Zimwe mu mpamvu zatumye iyi gahunda ihagarikwa, harimo amananiza yagiye ashyirwaho na Minisitiri w’Ubuzima muri iki gihugu, ndetse n’amagambo y’ubushotoranyi Umukuru w’iki gihugu aherutse gutangaza ku Rwanda, ubuyobozi bwa Cyberstream bukabibona nk’agasuzuguro ku gihugu.
Icare ni porogaramu ya telefoni yakozwe na Cyberstream. Ifasha mu buryo bubiri butandukanye, burimo guhuriza hamwe amakuru ajyanye n’uburwayi bw’umuntu [medical history], ku buryo buri bitaro byose agiye kwivurizaho byayageraho byoroshye, bigafasha mu gutanga umurongo ku mivurirwe ye.
Iyi porogaramu kandi ikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge bukorano ‘AI’, igafasha abantu bafite indwara ya diyabete n’iy’umitima mu kubona amakuru ku buzima bwabo no gutanga imbuzi mu gihe bibaye ngombwa.
Ifite igice cy’ubujyanama gikora gishingiye ku bipimo by’umurwayi, ku buryo mu gihe iyi porogaramu ibonye ubuzima bw’umurwayi buri kurushaho kujya mu kaga, itanga impuruza ku baganga cyangwa undi muntu wemejwe n’umurwayi ko azajya yakira amakuru ye.
Mu Ukwakira 2024 mu Nama Nyafurika yigaga ku iterambere ry’ikoranabuhanga mu buvuzi, nibwo iyi porogaramu yamuritswe ku mugaragaro.
Iyi nama yari yitabiriwe n’abaminisitiri b’ubuzima baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Uwa Uganda, Senegal na Tanzania babengutse iyi porogaramu, bayitumira mu bihugu byabo.

Nyuma Minisitiri w’u Burundi, Dr. Lyduine Baradahana, nubwo atari yitabiriye iyi nama, yaje guhamagara Umuyobozi w’Ikigo cya Cyberstream akaba n’uwagishinze, Mugisha Nehemie, ngo iyi porogaramu ibe yatangizwa no mu gihugu cye.
Aganira na IGIHE, Mugisha yavuze ko “Nyuma twabonye ubusabe bwabo [...] twaraganiriye, njye nivuganiraga na Dr. Baradahana, twemeranya ko iyi porogaramu yagezwa no mu Burundi nk’uko gahunda ihari ari ukuyigeza muri Uganda, Senegal na Tanzania muri Werurwe 2025,”
“Ubwo twari twavuganye byose byarangiye hasigaye kujyayo kugaragaza iyi porogaramu no kuyisobanura. Nyuma yaje kwisubira ambwira ko ku bantu bo mu Rwanda bashaka kugira ibikorwa mu Burundi bagomba kubanza gukorwaho iperereza n’imishinga yabo igakorwaho iperereza.”
Mugisha yavuze ko yatunguwe n’uko uyu mu minisitiri yisubiye kandi bari bumvikanye buri kimwe, amusaba ko niba kujya mu Burundi bigoye bahurira ahandi bakaganira hakanarebwa uko iyi porogaramu yahagezwa mu buryo bworoshye.
Ati “Ntibyakunze. Ikindi, bitewe n’amagambo Perezida w’u Burundi aherutse kuvuga [aganira n’abadipolomate muri iki gihugu] ko u Rwanda rushaka gushoza intambara, nahise mvuga ko tudashobora gukorana n’aba bantu,"
"Izo mpamvu ebyiri nizo zatumye mvuga ngo reka gahunda yo kujyana uyu mushinga mu Burundi tuyihagarike kuko ni agasuzuguro ku gihugu kandi nahise mbona ibyo njye n’itsinda dukorana bashobora kudukorera.”

Mugisha yavuze ko iyi porogaramu iri mu cyiciro cya nyuma cyo kuyisuzuma no kuzuza ibi bisabwa, ku buryo muri Nyakanga 2025 byose bizaba byatunganye, nyuma itangire gukoreshwa.
Izaba igizwe n’igice gikoreshwa n’umurwayi n’ikindi gikoreshwa n’abaganga kugira ngo imikorere irusheho kunoga.
Iyi porogaramu kandi ni imwe mu zizifashishwa mu Rwanda mu kwimakaza imikoreshereze y’ikoranabuhanga kwa muganga, mu murongo wo kugabanya ikoreshwa ry’impapuro.
Ubuyobozi bwa Cyberstream bwamaze kugirana ibiganiro na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri iyi gahunda.
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- SQUID GAME II: FILIME IKOMEJE GUTEZE IMPAGARA NO KUZURA AKABOZE MURI VIETNAM.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga