Umusani Kimzer na Kayumba Darinna bongeye kurikoroza mumitoma myinshi!
Hakim Abdul-Hussein, uri mu bahanzi bakiri kubaka izina mu njyana ya Hip Hop, aho akoresha izina rya Kimzer, yongeye gushimangira ko yihebeye Miss Kayumba Darina, amutera imitoma mu magambo aryoheye amatwi yifashishije amwifuriza isabukuru nziza y’amavuko.

Ibi Kimzer yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha ubwo yifurizaga isabukuru nziza Miss Kayumba Darina bakundana.
Mu butumwa bwe Kimzer yagize ati “Uyu munsi ni umunsi udasanzwe cyane. Uyu munsi ni isabukuru y’amavuko y’umwamikazi wanjye. Nta magambo ahagije nabona yasobanura urukundo ngufitiye ndetse n’ukuntu nkwishimira rukundo rwanjye, ariko icyo nshaka ko umenya ni uko ntewe ishema nawe.”
Uyu musore yakomeje yibutsa Miss Kayumba Darina ko igihe bamaranye cyatumye amenya amahirwe yagize yo kumugira nk’umukobwa bakundana.
Nyuma y’aya magambo, Kimzer yahaye isezerano Miss Kayumba Darina, ati “nzaguhora hafi, nzahora ngushyigikiye kandi nzahora nkwibutsa uko uri umugore w’igitangaza , ufite ubwenge n’ubutwari budasanzwe.”
Mu magambo menshi asize umunyu uyu musore yabwiye Miss Kayumba Darina, yasoje amwibutsa ko akwiye kumenya ko ariho ku bwe ndetse by’iteka ryose.

Muri Mutarama 2024 nibwo amakuru y’urukundo rwa Miss Kayumba Darina na Kimzer yatangiye kumenyekana nubwo byinshi ku gihe batangiye gukundanira bitaramenyekana.
Ku rundi ruhande mu mpera z’umwaka ushize hadutse inkuru zavugaga ko uyu muraperi yaba yaramaze kwambika impeta Miss Kayumba Darina, icyakora nyuma biza kurangira bimenyekanye ko bitari ukuri.
Kayumba Darina wizihiza isabukuru y’amavuko, ni umwe mu bakobwa bahataniraga ikamba rya Miss Rwanda mu 2022, biza kurangira yegukanye iry’Igisonga cya kabiri.
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- SQUID GAME II: FILIME IKOMEJE GUTEZE IMPAGARA NO KUZURA AKABOZE MURI VIETNAM.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga