Yakobo ingeragere y'umugande yaciye agahigo ko gushaka gukura Usain Bolt kuntebe ya half-marathon
Umugande, Jacob Kiplimo, yongeye kuba umukinnyi wa mbere ku Isi usiganwa ku maguru, ushobora kwiruka icyiciro cya ‘half-marathon’, akoresheje iminota 56 n’amasegonda 41 bitigeze bikorwa n'undi wese.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Gashyantare 2025, ni bwo uyu mugabo yari yitabiriye isiganwa ribera mu Mujyi wa Barcelona, muri Espagne ryari ryitabiriwe n’abarenga ibihumbi 30 baturutse mu bihugu 95.
Uyu mukinnyi yiyandikishije mu cyiciro cya ‘half-marathon’ kiba kingana n’ibilometero 21.1, aho yahise asiga abandi akoresha iminota 56 n’amasegonda 41.
Ibi bihe yakoresheje byatumye ahita anyura kuri Yomif Kejelcha wari wakoresheje iminota 57 n’amasegonda 30, mu Ukwakira 2024.
Si ubwa mbere Jacob w’imyaka 24 yegukanye aka gahigo kuko mu 2021 yari yakegukanye, amaze gushyiraho iminota 57 n’amasegonda 31.
Nyuma y’isiganwa, yavuze ko yatunguwe n’ibyabaye ariko ari umwanzuro yatangiye gutekerezaho ari mu isiganwa hagati.
Ati "Ndishimye cyane uyu munsi kubera ibyo nakoze. Natangiye neza kuko nifuzaga kugira isiganwa ryiza, ariko sinumvaga ko nakuraho agahigo. Nkimara gushyiramo igihe kinini ni bwo nabitekereje, nifuza gushyiraho agahigo ku mbaraga zose biza kunsaba.”
Mu mwaka ushize wa 2024, Kiplimo yegukanye irushanwa rya ’World Athletics Cross Country Championships’, mu gihe mu mikino Olempike ya 2020 yabereye i Tokyo yegukanye umwanya wa gatatu mu basiganwa metero 10.000.
Inkuru zakunzwe
- Ese Icyari ishanga mumayunguyungu cyasimbujwe icupa? Uwitwa Emelyne yongeye kurikoroza kumbuga mumashusho y'ibyisoni nke!
- Kuri Kathia wa Adonis Bati "TURA TUGABANE NIWANGA BIMENEKE!" Ese koko ubu bukwe bupfuye butaranaba??
- Umuvugizi wa Perezida Kagame yahagamye Abanyamerika rubura gica !
- Afurika Y'epfo: Nibura u Rwanda rufite izina nyaryo, si icyerekezo gusa ku ikarita! Uko Niko Bari guhabwa inkwenene!
- Ese Uwicyeza Pamella yaba yarabyaye? Ese yabyaye iki, umuhungu cg ni umukobwa? The Ben yavuye i muzi byose mu kiganiro yakoreye kuri radio ikomeye hano mu Rwanda
- Abantu 177 nibo bimaze kwemezwa neza ko bahitanywe n'impanuka y'indege yabereye muri Korea y'amajyepfo
- Kwizera Emelyne ‘Ishanga’ n'abandi barindwi bafunzwe bazira ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni
- Ruto wa Kenya yongeye gusembura Tchisekedi amuhamagararira ibyo adafitiye umwanya!
- Ubuhanuzi bwa Simpson ku mwaka wa 2025: Mbese, twiteguye indi ntambara y'isi yose cg imperuka?
- Koreya y'Epfo iri mu kaga gakomeye cyane kubw'impanuka ikomeye y'indege yagize. Dore amakuru mashya
- AMATEKA ARANDITSWE!!! Bwa mbere muri STADE AMAHORO hakoreshejwe VAR.
- NYAMBO Na Titi Brown: Amafoto meza agaragaza ibihe byiza byaranze umubano wabo, ndetse n'icyabateye gutandukana!
- Ni koko se Nyambo Jessica yaba Atwite!?😭😭😭 Umucyo kumubano we na Titi Brown wiswe besto.
- SQUID GAME II: FILIME IKOMEJE GUTEZE IMPAGARA NO KUZURA AKABOZE MURI VIETNAM.
- AZIZ Bassane mu muryango usohoka muri Rayon Sports
Ibitekerezo (0)
TANGA IGITEKEREZO
Email yawe irakomeza kubikwa mu ibanga